Abaturage bo mu Kagari ka Arusha, mu Murenge wa Bigogwe, Akarere ka Nyabihu, bari mu gahinda gakomeye nyuma y’urupfu rw’abantu batandatu bapfuye mu buryo butunguranye, bikekwa ko bishwe n’inzoga y’inkorano yo mu bwoko bwa kanyanga izwi nka ‘Rubenge’.
Ibi byabaye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 15 Kamena 2026, aho amakuru atandukanye agaragaza ko abapfuye bari banyoye kuri iyi nzoga bikekwa ko yari ivanze n’ibinyabutabire bishobora guteza uburozi bukabije.
Mu bapfuye harimo abantu bane bo mu rugo rumwe, barimo umukecuru, umugabo we, umwana wabo ndetse n’umushumba wabakoragaho. Uretse abo, hari n’abandi babiri bari abashumba, basanzwe mu bindi biraro, na bo basanzwe bapfiriye aho baragiraga amatungo, basanze iruhande rwabo hari amacupa arimo ibisigazwa by’iyo nzoga.
Amakuru y’ibanze agaragaza ko iyi nzoga yiswe ‘Rubenge’ ishobora kuba yarakozwe hifashishijwe ibinyabutabire bikomeye birimo n’ibisanzwe bikoreshwa mu bwubatsi, cyane cyane mu gusukura ibyuma, bikekwa ko ari byo byateye uburozi bwahitanye aba bantu.
Si abo gusa, kuko hari n’abandi bantu bane bivugwa ko banyoye kuri iyo nzoga, ubu bakaba bari kwitabwaho n’abaganga mu bitaro bitandukanye, aho bamwe muri bo barembye cyane.
Abaturage bavuga ko iki kibazo cyabateye ubwoba, banasaba inzego zibishinzwe gukaza ingamba zo kurwanya inzoga z’inkorano, cyane cyane izivangwa n’ibintu bishobora gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga.
Inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane neza icyateye uru rupfu n’ababigizemo uruhare, ndetse hafatwe ingamba zikomeye zo gukumira ko ibyago nk’ibi byongera kubaho.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *