skol

Nyamasheke: Batanu bakurikiranyweho urupfu rw’uwabaciriye bari mu kabari

Yanditswe: Thursday 22, Jan 2026

featured-image

Abantu batanu bo mu Karere ka Nyamasheke barimo na nyir’akabari batawe muri yombi bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Nkurikiyumukiza Daniel w’imyaka 44, wasanzwe imbere y’akabari yapfuye.

Byabereye mu Mudugudu wa Rwesero, Akagari ka Rwesero, Umurenge wa Kagano ku wa 20 Mutarama 2026.

Saa yine na 25 ni bwo nyakwigendera, uvuka mu Murenge wa Bushekeri, Akagari ka Mpumbu, Umudugudu wa Gahondo yaciriye (gucira) abakekwa, mu gushyamirana baramusunika agusha umutwe ku gikuta arapfa.

Aya makuru yamenyekanye saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ubwo abaturage bagera imbere y’akabari ka Uwiringiyimana Immaculee bakahasanga umurambo w’uyu musore w’imyaka 44.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Mukamusabyimana Marie Jeanne yabwiye IGIHE ko bakimenya aya makuru bajyanyeyo n’izindi nzego zirimo DASSO, Polisi n’Urwego rw’Igihugu ry’Ubugenzacyaha, ruta muri yombi abantu batanu bakekwaho uruhare mu rupfu, uwa gatandatu akaba yatorotse.

Ati “Hari abantu batawe muri yombi barimo na nyir’akabari. Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro bya Kibogora gukorerwa isuzuma mbere y’uko ushyingurwa”.

Nyakwigendera yari asanzwe akora akazi ko kwikorera imizigo.

Gitifu Mukamusabyimana yasabye abaturage kujya birinda urugomo no gutangira amakuru ku gihe igihe bamenye ikintu gishobora guhungabanya umutekano.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa