Palestine: Abanyamakuru batatu baguye mu gitero Israel yagabye
Yanditswe: Thursday 22, Jan 2026
Ibitero by’igisirikare cya Israel byahitanye Abanya-Palestine 11 barimo abanyamakuru batatu muri Gaza.
Israeli yagabye ibitero byumvikanye muri Gaza no mu Burasirazuba nubwo hashyizweho agahenge mu Ukwakira 2025.
Ihuriro ry’abanyamakuru ryo muri Palestine rivuga ko ibi ari ibyaha by’intambara, bikorwa n’ingabo za Israel. Mu ntambara zose ntibyemewe kurasa ku basivile badafite intwaro.
Kugeza ubu habarurwa abanyamakuru n’abakorana n’ibitangazamakuru 206 bamaze kugwa mu ntambara ihuza Hamas n’Ingabo za Israel.
Abanyapalestina basaga 466 nibo bamaze kugwa muri Gaza kuva Israeli na Hamas byiyemeje guhosha intambara ku wa 10 Ukwakira 2025. Israel yo itangaza ko abasirikare bayo batatu ari bo bahitanwe n’ibitero by’imitwe yitwaje intwaro ishyigikiye Leta ya Palestine.
Iyi ntambara yatangiye kuwa 7 Ukwakira 2023, ubwo Hamas yagabaga igitero kuri Israel cyahitanye abarenga 1200, abandi 251 bafatwa bugwate.
Imibare igaragaza ko intambara ya Israel na Hamas imaze guhitana abarenga ibihumbi 71 mu gihe abandi barenga ibihumbi 171 bakomeretse.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *