skol

Papa Léon XIV yasohoye iteka rivuga ku mubare w’abo umugabo cyangwa umugore agomba gushyingiranwa na bo

Yanditswe: Wednesday 26, Nov 2025

featured-image

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, yabwiye abakirisitu ko gushakana abantu bakabana ubuziraherezo bidasaba imibare myinshi, kandi ko umugore umwe cyangwa umugabo umwe ahagije ku muntu.

Iteka rishya ryemejwe na Papa Léon XIV, ryashyizwe hanze n’ibiro bya Vatican bishinzwe inyigisho z’ukwemera, risaba Abakirisitu Gatolika barenga miliyari 1,4 ku Isi gushaka umugabo cyangwa umugore umwe bakamarana ubuzima bwabo no kwirinda kugira imibonano mpuzabitsina irenze iy’abashyingiranywe.

Iri teka nta kintu rivuga ku bantu babana bahuje ibitsina, ahubwo rigaruka cyane kuri gakondo y’urushako. Risaba abakirisitu gushaka umuntu umwe, bakiyemeza gushimangira umubano.

Rivuga ko “ugushyingirwa nyakuri kwemewe, ni ukwihuza kw’abantu babiri, kwirunduriranamo no kwemeranya ko uwo mubano utazigera usangizwa abandi”.

Rikomeza rivuga ko uko kwihuza kw’abantu babiri bahuje agaciro n’uburenganzira, kuba ukwabo bonyine nta wundi ukwiriye kukwivangamo.

Iyi ngingo y’ugushyingiranwa ni imwe mu zaganiriweho mu nama ya Vatican yabaye mu 2023 na 2024, aho Papa Francis uherutse kwitaba Imana yari yakiriye abantu batandukanye bo muri Kiliziya Gatolika kugira ngo baganire ku rushako.

Mu bihugu bimwe na bimwe bya Afurika, gushaka abagore barenze umwe ni kimwe mu bimaze igihe kinini bikorwa mu muco.

Iyi ni imwe mu ngingo zaganiriweho mu nama ziheruka za Vatican.

Iryo teka rya Papa rivuga ko gushaka abagore barenze umwe no gucana inyuma bikorwa abantu bumva ko ari byo bizatuma umubano wabo ukomera, atari ukuri ahubwo ari imyumvire ipfuye.

Iri teka nta kintu ryigeze rivuga kuri gatanya, ingingo kiliziya gatolika itemera, kuko yo ivuga ko ugushyingiranwa gukwiriye kuba ukw’iteka ryose.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa