Perezida Assimi Goïta yavuze ko abagabye ibitero i Bamako bose bazicwa
Yanditswe: Wednesday 29, Apr 2026
Perezida wa Mali, Assimi Goïta yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma y’ibitero byagabwe n’imitwe y’iterabwoba muri Mali, avuga ko iyo mitwe bagomba kuyirimbura yose.
Imitwe yagabye ibitero mu bufatanye bwa JNIM na FLA irwanira ubwigenge bw’agace ka Azawad. Bateye ibigo bikomeye bya gisirikare i Bamako no mu Majyaruguru y’igihugu, banirukana ingabo z’Abarusiya mu Mujyi wa Kidal.
Perezida wa Mali Assimi Goïta ku wa 28 Mata 2026 yasuye ibitaro abakomerekejwe n’ibitero byo ku wa 25 Mata barimo, anihanganisha umuryango w’uwari Minisitiri w’Ingabo Gen Sadio Camara wishwe n’ibi bitero.
Ijambo rigufi ryanyuze kuri televiziyo mu ijoro rivuga ko ingabo ziri mu bikorwa byo kurwanya iyo mitwe yitwaje intwaro kandi ibikorwa birakomeza kugeza igihe “imitwe yose iranduwe burundu.”
Amashusho JNIM yashyize hanze yagaragazaga ko ibitero bagabye bigamije kwihorera ku bya drone ingabo za Leta ziheruka kugaba kuri uyu mutwe.
Umuvugizi w’uyu mutwe Bina Diarra, yavuze ko umurwa mukuru Bamako wagoswe n’abarwanyi bawo ndetse nta byinjira cyangwa ibisohoka.
Ati “Guhera uyu munsi, Bamako irafunze ku bava mu mpande zose.”
Mu mwaka ushize JNIM yahagaritse ibikomoka kuri peteroli ntibyashobora kwinjira i Bamako kugez amu minsi mike ishize bitegura kugaba ibi bitero.
France 24 yanditse ko u Burusiya bwahamije ko iyi mitwe yitwaje intwaro iri kwisuganya nyuma y’uko ingabo z’u Burusiya zifatanyije kuburizamo umugambi wo guhirika ubutegetsi no gufata bimwe mu bimwe mu bikorwaremezo by’ingenzi.
Itangazo rya Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya riti “umwanzi ntabwo yavuye ku izima ku bikorwa by’ubushotoranyi, ndetse ari kwisuganya.”
Rivuga ko u Burusiya buri gukora iperereza ngo busenye ibirindiro by’iyi mitwe ndetse biteguye guhangana n’ibindi bitero byagabwa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *