skol
fortebet

Perezida Ibrahim Traoré yirukanye Minisitiri w’Intebe ndetse anasesa guverinoma

Yanditswe: Sunday 08, Dec 2024

featured-image

Sponsored Ad

Muri Burkina Faso, ubuyobozi bwa gisirikare buyobowe na Perezida Ibrahim Traoré bwasohoye itangazo ku wa Gatanu, ritangaza iyirukanwa rya Minisitiri w’Intebe w’agateganyo, Apollinaire Joachim Kyelem de Tambela, ndetse no gusesa guverinoma yose.

Sponsored Ad

Iri tangazo ntiryavuze impamvu y’iryo yirukanwa, ariko Tambela yari yahawe uyu mwanya muri Nzeri 2022, nyuma y’uko Ibrahim Traoré afashe ubutegetsi mu ihirikwa ry’ubutegetsi. Iri ni rimwe mu mihirikwa y’ubutegetsi ryabaye muri Sahel y’Iburengerazuba bwa Afurika mu myaka yashize.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, ubuyobozi bwavuze ko abagize guverinoma yaseswe bazakomeza gukora by’agateganyo kugeza igihe hazashyirirwaho indi guverinoma nshya.

Burkina Faso ikomeje guhangana n’ibibazo bikomeye by’umutekano, aho abarwanyi b’imitwe y’iterabwoba nka al Qaeda na Islamic State bakomeje kugaba ibitero nyuma y’uko iyi mitwe yinjiye muri iki gihugu ivuye muri Mali hafi imyaka icumi ishize.

Ibrahim Traoré yafashe ubutegetsi mu 2022, asezeranya abaturage ko azazana impinduka zikomeye mu bijyanye n’umutekano. Ariko kuva ubwo, ibintu byarushijeho kuzamba, ndetse ubutegetsi bwe burashinjwa guhatira abanyamakuru, abanyapolitiki n’abakora ibikorwa by’ubutabazi guceceka.

Abasesenguzi bagaragaza ko ikibazo cy’umutekano muri Burkina Faso gikomeje gukomera, bituma igihugu kigaragara nk’ikiri mu bihe bikomeye by’inzitane mu mateka yacyo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa