skol
fortebet

Perezida Kagame yageze mu murwa Livingtsone muri Zambia [AMAFOTO]

Yanditswe: Monday 04, Apr 2022

featured-image

Sponsored Ad

Perezida Kagame yageze mu murwa mukuru w’ubukerarugendo wa Zambiya, Livingstone , aho yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri.

Sponsored Ad

Ni uruzinduko Umukuru w’Igihugu yatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 4 Mata byitezwe ko ruzarangira ku wa Kabiri tariki 5 Mata 2022.

Ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cyitiriwe Harry Mwanga Nkumbula, Umukuru w’Igihugu yakiriwe na mugenzi we, Hakainde Hichilema.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro bivuga ko abakuru b’ibihugu byombi baragirana ibiganiro bibera mu muhezo, nyuma hagakurikiraho inama z’intumwa zyibihugu byombi.

Nyuma y’ibiganiro by’ibihugu byombi,harashyirwa umukono ku masezerano y’ubufatanye hagati y’Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) n’ikigo gishinzwe kwinjiza imisoro cya Zambiya (ZRA).

Harasinywa kandi amasezerano ku bijyanye n’abinjira n’abasohoka, ayo mu rwego rw’ubuzima, guteza imbere ishoramari hagati y’ikigo gishinzwe iterambere muri Zambiya (ZDA) n’ikigo gishinzwe iterambere mu Rwanda (RDB); ubufatanye mu bijyanye n’ubuhinzi; ubufatanye mu bijyanye n’uburobyi no guteza imbere ubworozi; n’ubufatanye mu bucuruzi n’ishoramari.

Kuri Twitter Perezida wa Zambia Hakainde, yifurije ikaze Perezida Kagame.

Ati: “Ikaze kuri Nyakubahwa Paul Kagame w’u Rwanda, k’ubw’uruzinduko muri Zambia.”

Hakainde yasoje ubu butumwa bwe akoresha ikinyarwanda n’andi magambo yo mu rurimi rw’ikibemba ati “Murakaza neza, Mwaiseni, Mwatambulwa.

Inkuru ya RBA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa