Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudakwiye kwikorezwa imitwaro itari iyarwo
Yanditswe: Saturday 07, Mar 2026
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda ruzikorera umutwaro warwo bityo ko rudakwiye kubazwa inshingano z’abandi, anasaba ko ibibazo byo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikemurwa mu buryo butabogamye.
Ubwo yaganiraga n’abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, Perezida Kagame yavuze ko usanga ibibazo bya RDC bibazwa u Rwanda ariko ashimangira ko ko ruzikorera ibyarwo aho kuba iby’abandi.
Yavuze ko u Rwanda ari nk’aho rufite amahitamo abiri, kuba rwakwihanganira ko FDLR n’indi mitwe iyishamikiyeho byakomeza gukorera hafi yarwo cyangwa se kwirwanaho rukemera kubigayirwa.
Ati “Amahitamo rero arasobanutse ku ruhande rwacu. Ahari hari igihugu cyagira andi mahitamo. Ariko n’ibihano byose byaza, byaba ari nk’ishimwe ku nzego zacu z’umutekano. Icyo cyubahiro ntabwo ari ikintu cyakurwaho n’izuba, imvura cyangwa icyo ari cyo cyose, ahubwo kigize ubuzima bwacu. Kizahoraho mu byiza no mu bihe bibi. Ntimubyumve nabi, u Rwanda rushaka amahoro. Ariko dushaka amahoro ya nyayo kandi arambye twakubakiraho iterambere ry’ahazaza.”
Perezida Kagame yeretse abadipolomate ko imikoranire n’u Rwanda ikomeje kugenda neza kuko rwabashije kugira umutekano mu myaka 30 ishize kandi ko rwiyemeje gukomeza gushyira mu bikorwa ibyo rwasezeranye.
Yvauze ko u Rwanda rufite imbaraga, zihagije mu bibazo byarwo, kubera ko Abanyarwanda bifata nk’abanyantege nke bashobora kugirwaho ingaruka n’ingengabitekerezo y’urugomo, ivanguramoko n’ibindi bibi.
Ati “Twakoze isezerano ubwacu, kutazasubira inyuma mu bihe by’umwijima twanyuzemo. Ntidushobora gusubira inyuma kandi icyo ni ikintu tudashobora gutezukaho.”
Yakomeje avuga ko u Rwanda ruzemera kuremererwa n’imitwaro yarwo ariko rugakomeza kwema.
Ati “Nubwo tuzaba dufite imitwaro iremereye ku bitugu byacu, tuzakomeza kugira ishema, ubwitonzi no kwiyubaha.”
Ibibazo by’Umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigitangira, ubuyobozi bw’icyo gihugu bwashinje u Rwanda gufasha M23 mu rwego rwo gushaka urwitwazo ku baturage.
RDC ishinja u Rwanda gufasha ihuriro rya AFC/M23 ugizwe n’Abanye-Congo barwanira uburenganzira bwabo, ku rundi ruhande ariko u Rwanda rushinja icyo gihugu guha rugari umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi.
Uko kwihunza ikibazo ku bategetsi ba RDC kugamije gukomeza kudindiza ibikorwa bishyira ku mahoro arambye.
Ibyo nyamara bivugwa mu gihe u Rwanda rwerekanye ko igihe cyose, hasenywa umutwe wa FDLR ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho rwahita ruzikuraho.
Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ruzikorera umutwaro ku rutugura ariko rukomeze kubaho
Perezida Kagame yasabye ibihugu gukemura ibibazo bya RDC mu buryo butabogamye

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *