Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ko yemera ko ibivejuru bizwi nka ‘Aliens’ bibaho.
Ku Isi hamaze igihe hari impaka ndende zijyanye n’ibivugwa kuri ‘Aliens’. Benshi bemeza ko ari ibiremwa biba mu isanzure, rimwe na rimwe bishobora gusura Isi. Bivugwa ko bifite ubwenge n’ubushobozi burenze kure ubw’ikiremwa muntu.
Nubwo hari ababyemera gutya, hari abandi bavuga ko kubaho kwa ‘Aliens’ ari ikinyoma gishingiye kuri filimi n’inkuru zo mu bitabo, ndetse zikaba zifashishwa nk’urwitwazo mu gusobanura ibirenze ubwenge bwa muntu.
Mu kiganiro Perezida Obama aherutse kugirana n’umunyamakuru Brian Tyler Cohen, yabajijwe niba koko ‘Aliens’ zibaho.
Obama yasubije ko “zibaho ariko sinazibonye.”
Mu bihe byashize byakunze kuvugwa ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zaba zibitse ‘Aliens’ mu kigo cya gisirikare gikomeye cyitwa ‘Area 51’.
Muri iki kiganiro ni amakuru Obama yahakanye, avuga ko cyereka niba zibitswe mu ibanga ridashobora kumenywa na Perezida.
Ati “Ntabwo nazibonye, kandi ntazibitse mu gace ka Area 51. Nta kigo gihari kiri munsi y’ubutaka, kereka wenda habaye hari inkuru zihishwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”
Ibivejuru bizwi nka ’Aliens’ bikunze kugaragazwa muri iyi shusho

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *