Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ukwihangana kwe kuri Iran kurimo kurangira, nyuma yo kugirana ibiganiro na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping ku ntambara bamaze iminsi bahanganyemo
Iran ikomeje kotswa igitutu nyuma yo gufunga umuhora wa Hormuz, isubiza ku bitero yagabweho na Leta zunze ubumwe za Amerika na Israel kuva ku wa 28 Gashyantare.
Amerika yaje guhagarika ibitero by’igihe gito, ariko ikumira ubwato bwose ngo butava ku byambu bya Iran. Ibiganiro bigamije guhosha iyo ntambara bikomeje kugorana, mu gihe Iran nayo ikomeje kunangira ko itazahagarika gahunda yayo yo gutunganya uranium, bikekwa ko biganisha gukora intwaro kirimbuzi.
Iyi ntambara yo muri Iran yagarutsweho mu ruzinduko Trump yagiriraga mu Bushinwa kugeza kuri uyu wa Kane.
U Bushinwa ni inshuti ya Iran n’umufatanyabikorwa ukomeye mu bucuruzi, by’umwihariko ubw’ibikomoka kuri peteroli.
Mu kiganiro cyatambutse kuri Fox News kuri uyu wa Kane, Trump yagize ati "Ntabwo nza gukomeza kwihangana. Bakwiye kwemera amasezerano.”
Kimwe mu bibazo bitaremeranywaho ni uburyo bwo kubika uranium Iran yari imaze gutunganywa, Trump akavuga ko ikwiye gucungwa na Amerika.
Nyuma y’ibiganiro bya Trump na Xi ku wa Kane, White House yatangaje ko abayobozi bombi bemeranyije ko umuhora wa Hormuz ugomba gufungurwa, ndetse u Bushinwa butemera ko Iran ikwiye kwishyuza ubwato buca muri uyu muhora.
Trump kandi yavuze ko Xi yamwijeje ko u Bushinwa butazohereza intwaro muri Iran, ikintu yafashe nk’icyemezo gikomeye.
Umuhora wa Hormuz ukomeje guteza ibibazo, aho ubwato bw’Abahinde bwari buvanye amatungo muri Afurika bujya muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu, bwarasiwe ku nkombe ya Oman. U Buhinde bwamaganye icyo gitero cyahitanye abantu 14 bose bari mu bwato.
Ku rundi ruhande, Iran yafatirye ubwato bwari buvuye muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu, bikomeza kwenyegeza umwuka mubi hagati y’ibi bihugu.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *