skol
fortebet

Perezida Tshisekedi yashyizeho Guverinoma ivuguruye

author-image

Yanditswe na: ISHIMWE Jean de Dieu
Kuwa: Friday 08, Aug 2025

Perezida Tshisekedi yashyizeho Guverinoma ivuguruye

Sponsored Ad

skol

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa 7 Kanama 2025 yashyizeho Guverinoma ivuguruye iyobowe na Judith Suminwa Tuluka wari usanzwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe.

Tshisekedi ahamya ko iyi Guverinoma ari iy’ubumwe bw’Abanye-Congo, ashingiye ku kuba irimo bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bemeye gukorana na we kugira ngo bakemure ibibazo bibangamiye igihugu.

Abenshi mu bari bagize guverinoma iheruka yahawe izina rya “Suminwa 1” basubijwe ku myanya yabo, nka Thérèse Kayikwamba Wagner usanzwe ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Guy Kabombo Muadiamvita usanzwe ari Minisitiri w’Ingabo na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere, Jacquemain Shabani.

Jean Pierre Bemba Gombo yasubijwe ku mwanya wa Minisitiri w’Ubwikorezi n’inzira z’itumanaho, Jacquemain Shabani asubizwa ku wa Minisitiri w’Umutekano w’Imbere, Patrick Muyaya yongera kugirwa Minisitiri w’Itumanaho n’Umuvugizi wa Guverinoma.

Abashya muri iyi Guverinoma ni Adolphe Muzito utavuga rumwe n’ubutegetsi wagizwe Minisitiri w’Imari, Guilllaume Ngefa-Atondoko Andali wagizwe Minisitiri w’Ubutabera, Eliezer Ntambwe washinzwe abahoze ari abasirikare na Floribert Azuluni wagizwe Minisitiri ushinzwe ubufatanye n’akarere.

Nta munyamuryango w’ishyaka ECIDé ry’umunyapolitiki Martin Fayulu wagaragaye muri Guverinoma nshya, nubwo byari byitezwe ko Tshisekedi ashobora kubashyiramo nyuma y’aho muri Kamena 2025 bemeranyije gufatanya kurwanya ibibangamiye RDC.

Andi mashyaka akomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi nka PPRD rya Joseph Kabila ndetse na Ensemble rya Moïse Katumbi na yo yahejwe muri Guverinoma nshya, cyane ko Leta ya RDC iyashinja gukorana n’uwo yita “umwanzi”.

Judith Suminwa Tuluka ni we Minisitiri w’Intebe wa Guverinoma ivuguruye

Abenshi babaga muri Guverinoma ya ’Suminwa 1’ bakomeje kugirirwa icyizere

Guverinoma ya RDC irimo abemeye gushyigikira Perezida Tshisekedi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa