skol

Perezida wa Syria yamaganiye kure abamuhuza n’ibitero byashegeshe Amerika mu 2001

Yanditswe: Tuesday 11, Nov 2025

featured-image

Perezida wa Syria, Ahmed al-Sharaa, yavuze ko atagifitanye isano n’umutwe w’iterabwoba wa Al-Qaeda, kandi ko nta ruhare na ruto yagize mu bitero byo ku wa 11 Nzeri 2001 byibasiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bikagwamo abarenga 3000.

Ku wa 11 Nzeri ni bwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabweho ibitero n’umutwe w’iterabwoba wa Al Qaeda, byasenye umuturirwa wari uherereye i New York uzwi nka World Trade Center.

Ibi bitero byagabwe hifashishijwe indege enye zashimuswe n’abiyahuzi, ebyiri muri zo zikagongeshwa inyubako ya World Trade Center, mu gihe indi yagongeshejwe Pentagon hafi y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika i Washington. Iya kane yo yashwanyukiye i Pennsylvania.

Al-Sharaa, uherutse gukurwa ku rutonde rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rw’abantu bashakishwa nk’ibyihebe, yahuye na Perezida Donald Trump muri White House ku wa 10 Ugushyingo 2025.

Yigeze kuyobora umutwe wa Hayat Tahrir al-Sham (HTS), ufitanye isano na Al-Qaeda. Ni nawo wahiritse uwari Perezida w Syria, Bashar al-Assad mu Ukuboza 2024.

Mu kiganiro yagiranye na Fox News nyuma yo guhura na Trump, al-Sharaa yavuze ko gucudika kwe n’abo muri iyi mitwe ari ahahise hadakwiye kwibukwa.

Abajijwe niba yicuza ibitero bya Al-Qaeda byabaye ku wa 11 Nzeri 2001, yahakanye kugira uruhare na ruto muri byo.

Ati “Nari mfite imyaka 19 gusa. Nari umusore ukiri muto cyane. Nta bushobozi bwo gufata ibyemezo nari mfite icyo gihe. Nta ruhare na ruto nagize muri ibyo. Al-Qaeda ntiyari iri aho nari ndi icyo gihe.”

Yongeyeho ko atari byiza kumushyira mu bagize uruhare mu bitero byo ku wa 11 Nzeri byahitanye abarenga 3000 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, arakomeza ati ““Twifatanya mu kababaro n’abasivile bose bahitanywe n’ibyo bitero.”

Al-Sharaa yasezeranyije kongera kubaka Syria nk’igihugu kidaheza, nubwo ubutegetsi bwe bukomeje kunengwa, kuko hakigaragara urugomo rushingiye ku madini rwibasira abo Aba-Druze, Aba-Alawite n’Abakirisitu.

Al-Sharaa yavuze ko Syria na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bikwiye gukorera hamwe mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa Islamic State, kandi yagaragaje ko afite icyizere ko Perezida Trump azashobora gufasha mu biganiro by’amahoro na Israel.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa