skol

Polisi ya Uganda yavuze ko bazakomeza kugenzura urugo rwa Bobi Wine

Yanditswe: Tuesday 10, Feb 2026

featured-image

Umuvugizi wa Polisi muri Uganda, Kituuma Rusoke, yashimangiye ko polisi yo muri icyo gihugu ikomeje kugenzura byihariye urugo rwa Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, umuyobozi w’ishyaka rya NUP kubera impamvu z’umutekano.

Kuva ku wa 15 Mutarama 2026, ni bwo abapolisi ba Uganda batangiye kurinda byihariye urugo rwa Bobi Wine ruherereye i Magere. Icyo gihe Bobi Wine yavuze ko yabashije gucika inzego zishinzwe umutekano ajya aho yise ahatekanye.

Kituuma yavuze ko iki gikorwa gishingiye ku mpamvu z’umutekano w’igihugu, ariko ntiyatangaje igihe kizamara.

Rusoke yavuze ko Bobi Wine nta cyaha yakoze, kandi ko azahamagarwa gusa mu gihe byaba ngombwa kugira ngo atange ibisobanuro.

Mu kiganiro umugore wa Bobi Wine, Barbara Itungo, aherutse kugirana n’itangazamakuru ku wa 24 Mutarama 2025 yasobanuye uko urugo rwe rwatewe, akagirirwa nabi azira kudatanga ijambo banga (password) rya telefone ye.

Ni mu gihe ku wa 28 Mutarama 2026 abagize umuryango wabo barimo n’abavandimwe be babujijwe gusura urugo rwe. Kugeza ubu, nta muntu wemerewe gusohoka muri uru rugo.

Bobi Wine ni we wakurikiye Perezida Yoweri Kaguta Museveni watsindiye kuyobora Uganda ku majwi 71,6%. Bobi Wine yagize amajwi 24,72%.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa