Putin yageze muri Turkmenistan, Ukraine isaba ko atabwa muri yombi
Yanditswe: Friday 11, Oct 2024

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ukraine yasabye igihugu cya Turkmenistan guta muri yombi Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya uri mu ruzinduko muri icyo gihugu, mu rwego rwo kubahiriza icyemezo cy’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha.
Ku wa 10 Ukwakira 2024, ni bwo iyo Minisiteri yasohoye itangazo isaba Turkmenistan kudaha ikaze Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, yibutsa ko Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwamushyiriyeho impapuro zo kumuta muri yombi.
Putin yageze muri Turkmenistan kuri uyu wa Gatanu mu ruzinduko rw’akazi, aho azanitabira inama mpuzamahanga igamije ifite insanganyamatsiko igira iti "isano hagati y’bihe n’umuco - ishingiro ry’amahoro n’iterambere," igamije guha icyubahiro umwandisi akaba n’umusizi w’Umunya-Turkmenistan, Makhtumkuli Fraghi, umaze imyaka 300 yitabye Imana.
Ubutumwa bwatangajwe na Minisiteri w’Ubuzima ejo, bwavugaga ko "Ibihugu byose biha agaciro ikiremwa muntu, amategeko mpuzamahanha, ndetse na Loni, byitandukanya na Putin."
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriyeho Putin impapuro zo kumuta muri yombi muri Werurwe 2023, bitewe n’ibyaha ashinjwa ko yakoreye mu ntambara na igihugu cye gihanganye mo na Ukraine.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *