Icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje kwiyongera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho imibare mishya yatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima ku wa 6 Nyakanga 2026 igaragaza ko habonetse abantu 147 bashya banduye, barimo 74 bahise bitaba Imana.
Iyi mibare yazamuye umubare w’abamaze kwandura iki cyorezo ugera ku 1,708, mu gihe abamaze guhitanwa na cyo bageze kuri 580 kuva cyatangazwa muri Gicurasi uyu mwaka.
Intara ya Ituri ni yo ikomeje kwibasirwa cyane n’iki cyorezo, cyane cyane mu duce twa Mongbwalu, Rwampara, Bunia, Mambasa na Nyankunde, aho hagaragara umubare munini w’abanduye n’abapfa.
No mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Ebola iracyagaragara mu bice bya Beni, Butembo, Katwa, Oicha na Musienene. Icyakora, umujyi wa Goma umaze igihe udafite umurwayi mushya kuko uwa nyuma yahagaragaye ku wa 17 Gicurasi.
Muri Kivu y’Amajyepfo, agace ka Miti-Murhesa kigeze kugaragaramo abarwayi batatu, umwe muri bo arapfa. Gusa kuva ku wa 26 Gicurasi nta wundi murwayi mushya urongera kuhagaragara.
Hari kandi ibibazo byagaragaye mu zindi ntara. Mu mujyi wa Kisangani, habonetse umurambo w’umuntu wari waranduye Ebola avanywe muri Ituri, mu gihe muri Haut-Uélé umurwayi wahungiyeyo na we yahaguye.
Nubwo ibyo bibazo byagaragaye muri Tshopo na Haut-Uélé, Minisiteri y’Ubuzima ntirabara izo ntara mu zugarijwe n’icyorezo kuko nta kimenyetso cyerekana ko abaturage baho bakomeje kwanduzanya; ababagezemo bose bakomoka muri Ituri.
Kugeza ubu, Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo iracyabura urukingo n’umuti wemejwe by’umwihariko. Abaganga bakomeje kuvura ibimenyetso birimo umuriro ukabije, kuruka, gucibwamo no kuva amaraso, kandi uwitabwaho hakiri kare aba afite amahirwe menshi yo gukira.
Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko abantu 280 bamaze gukira iki cyorezo, harimo 27 bakize mu masaha 24 yabanje gutangazwa iyo raporo.
Mu rwego rwo gushaka igisubizo kirambye, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko kuva ku wa 1 Nyakanga ryatangiye kugerageza umuti wa Remdesivir ku barwayi ba Ebola ya Bundibugyo. Umurwayi wa mbere wakorewe iri gerageza yavuriwe mu Ntara ya Ituri.
OMS ivuga ko iri gerageza rizakorerwa abarwayi barenga 1,000 kugira ngo harebwe niba Remdesivir ishobora kwemezwa nk’umuti wafasha mu kuvura ubu bwoko bwa Ebola.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *