Umuryango mpuzamahanga w’Abakirisitu barwanya iyicarubozo (ACAT) watangaje ko kuva mu 2024, inkiko zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zakatiye abarenga 300 igihano cy’urupfu.
Muri Werurwe 2024, Guverinoma ya RDC yafashe umwanzuro wo gusubukura igihano cy’urupfu cyari kimaze imyaka irenga 20 gisubitswe, isobanura ko ishaka kurwanya ibyaha byiyongera birimo kugambanira igihugu n’ubujura bukorerwa mu mijyi.
Abenshi bakatiwe iki gihano ni abarwanye intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC barimo abasirikare ba Leta bahamijwe “guhunga umwanzi”, abasivili na bamwe mu banyamuryango ba AFC/M23 bahamijwe kugambanira igihugu.
Mu bakatiwe iki gihano harimo Corneille Nangaa uyobora AFC/M23, Bertrand Bisimwa umwungirije, Gen Maj Sultani Makenga uyobora ishami rya gisirikare ry’iri huriro na Joseph Kabila Kabange wayoboye iki gihugu kuva mu 2001 kugeza mu 2019.
Urubyiruko rwinshi rw’abashomeri rurimo urwabaswe n’ibiyobyabwenge ruzwi nka ‘Kuluna’ na rwo rwakatiwe iki gihano, nyuma yo guhamywa icyaha cy’ubujura bwitwaje intwaro rwakoreye mu Mujyi wa Kinshasa.
Harimo n’abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi muri Gicurasi 2024, bari bayobowe na Christian Malanga, ndetse n’abashinjwe gukorana na bo nk’inzobere mu bumenyi bw’igisirikare, Jean-Jacques Wondo.
Wondo ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi n’Abanyamerika bari barakatiwe iki gihano bararekuwe nyuma y’igitutu cyashyizwe kuri Leta ya RDC, basubira mu bihugu byabo. Abandi bo baracyafungiwe i Kinshasa.
Kuri ba Kuluna bakatiwe igihano cy’urupfu, Leta ya RDC yabateguriye gereza icungiwe umutekano bikomeye ya Angenga, iherereye mu Ntara ya Sud Ubangi. Ni ho bafungiwe mu gihe bategereje kwicwa.
Umuryango ACAT ugaragaza ko kugeza ubu nta makuru aremeza niba abakatiwe igihano cy’urupfu muri RDC baratangiye kwicwa.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *