Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira mu burasirazuba bw’igihugu, aho imibare iheruka igaragaza ko abantu 1,203 bamaze kwandura, mu gihe 321 bamaze guhitanwa na cyo.
Amakuru yashyizwe ahagaragara ku wa 25 Kamena 2026 agaragaza ko iki cyorezo cyibasiye cyane Intara za Ituri na Kivu y’Amajyaruguru, aho umubare w’abahitanwa na cyo ugeze ku kigero cya 26.7% by’abamaze kucyandura.
Nubwo icyorezo kigikomeje guteza impungenge, hari icyizere gituruka ku kuba abantu 148 bamaze gukira neza bagasezererwa mu bitaro, mu gihe abarwayi 326 bagikomeje kwitabwaho n’abaganga.
Mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo, ku wa 24 na 25 Kamena hasuzumwe abantu 1,175 bagaragazaga ibimenyetso bikekwa kuba ibya Ebola. Hanagenzuwe abagenzi 142,503 banyuze ku mipaka itandukanye.
Abashinzwe ubuzima bavuga ko ibikorwa byo gukurikirana abantu bahuye n’abarwayi biri gutanga umusaruro, kuko ubu bimaze kugera ku rugero rwa 82.8%, bikaba biteganyijwe ko bizafasha kugabanya ubwandu bushya.
Iki cyorezo cyatangiye gutangazwa ku mugaragaro tariki ya 15 Gicurasi 2026, nyuma y’uko habonetse abarwayi ba mbere mu gace ka Mongbwalu ko mu Ntara ya Ituri. Ni ubwa 17 Ebola igaragaye muri RDC kuva yatangira kuhagaragara.
Hagati aho, ubwoko bwa Ebola bwa Bundibugyo bwamaze no kwambuka imipaka, aho muri Uganda hamaze kwandura abantu 20, babiri muri bo bakaba barapfuye. Mu Bufaransa na ho hamenyekanye umurwayi umwe, bivugwa ko ari umuganga wari uvuye mu burasirazuba bwa RDC.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rikomeje kugaragaza impungenge z’uko ubu bwoko bwa Ebola butarabonerwa urukingo cyangwa umuti byemewe ko bukoreshwa, bityo bukaba bukomeje gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga.
Abahanga mu buzima banavuga ko umutekano muke n’intambara zikomeje mu burasirazuba bwa RDC bikibangamira ibikorwa byo kugera ku baturage no gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo, cyane cyane mu bice bigoranye kugeramo. Ikindi kibazo ni uko hari abaturage bagifite amakenga ku ndwara, bigatuma batihutira gutanga amakuru cyangwa kwitabira ingamba zo kuyirwanya.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *