RDC yatangiye kwitambika ko Mushikiwabo yazongera gutorerwa kuyobora OIF
Yanditswe: Saturday 17, Jan 2026
Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bushaka gutanga umukandida wabwo ku Munyamabanga Mukuru w’Umuryango OIF uhuza ibihugu bikoresha Igifaransa, mu gukumira ko Louise Mushikiwabo yazongera gutorwa.
Guverinoma y’u Rwanda iherutse kwemeza ko izatanga Mushikiwabo nk’umukandida kugira ngo atorerwe kuyobora OIF muri manda ya gatatu, kuko asanzwe muri izi nshingano kuva muri Mutarama 2019.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yasobanuye ko icyemezo cyo kongera gutanga kandidatire ya Mushikiwabo cyashingiye ku busabe bw’ibihugu byinshi byo muri OIF, byifuje ko yakomeza kuyobora uyu muryango.
Ikinyamakuru Africa Intelligence cyatangaje ko gukumira ko Mushikiwabo yazongera gutorwa bizaganirwaho mu nama y’abaminisitiri bo muri RDC iteganyijwe tariki ya 23 Mutarama 2026, kandi ko iyi ngingo izazamurwa na Minisitiri ushinzwe OIF n’Abanye-Congo baba mu mahanga, Crispin Mbadu.
Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, ntarafata icyemezo kuri iyi ngingo, ariko amaze igihe aca amarenga ko ashobora gushyigikira igitekerezo cyo gutanga umukandida w’Umunye-Congo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.
Mu bakandida bivugwa ko Guverinoma ya RDC ishobora gutanga muri OIF, havugwamo cyane Isidore Kwandja Ngembo wabaye mu ndorerezi z’uyu muryango zakurikiranye amatora mu bihugu bitandukanye, akanategura imikino y’ibihugu bigize OIF yabereye i Kinshasa mu 2023.
Ibihugu bya OIF bisabwa gutanga abakandida babyo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru bitarenze muri Mata 2026. Inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma y’uyu muryango izabera muri Cambodge mu Ugushyingo ni yo izaberamo amatora.
Louise Mushikiwabo azahatanira indi manda ku buyobozi bwa OIF
Guverinoma ya RDC iri gutegura uko yatanga umukandida uzahatana na Mushikiwabo


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *