skol

RIB yerekanye abakurikiranyweho gusambanya abantu ku gahato

Yanditswe: Tuesday 10, Mar 2026

featured-image

Ku wa 10 Werurwe 2026 Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abagabo babiri bakurikiranyweho ibyaha birimo kwambura abantu no kubasambanya ku gahato babashukishije kubaha akazi.

Ni igikorwa cyabereye ku cyicaro cya RIB ku Kimihurura. Kugeza ubu abamaze gutanga ibirego bashinja aba bagabo ni barindwi, barimo babiri basambanyirijwe mu ishyamba riri i Musha, mu gihe abandi basambanyirijwe mu Murenge wa Mwurire i Rwamagana.

Uko ari babibiri bakurikiranyweho ibyaha bitanu;gusambanya umwana, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, kugera ku makuru hagambiriwe gukora icyaha, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo.

Umuvugizi w’Urwego wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yasabye abaturage gukomeza kuba maso no kugira amakenga mu byo bakora mu kwirinda ubushukanyi bw’uburyo butandukanye.

Yagize ati “Dusanga abantu bakwiye kujya bagira amakenga yo kwizera abantu batazi, bahuriye muri gare, bakajya ahantu batazi.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa