Rubavu: Umusore w’imyaka 20 yarashwe arapfa abandi barafatwa kubera kurwanya Abapolisi
Yanditswe: Thursday 12, Mar 2026
Umusore w’imyaka 20 witwaga Kadogo wo mu Karere ka Rubavu yarashwe arapfa, abandi barafatwa ubwo bageragezaga kurwanya Abapolisi bari mu kazi ko kurwanya ubucuruzi butemewe buzwi nka magendu.
Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gabiro, Akagari ka Buhaza ho mu Murenge wa Rubavu, mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa 11 Werurwe 2026.
Amakuru ahari ni uko kubera amayeri mashya y’abatwara magendu bagenda mu dutsiko bafite ababarindiye umutekano bitwaje intwaro gakondo, bituma Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu na ryo rikaza ingamba zo kubafata.
Mu gitondo cyo ku wa 11 Werurwe ubwo Polisi yari mu bikorwa byo kurwanya magendu, uyu musore witwa Kadogo yakubise umupolisi ashaka no kumwambura imbunda, bituma amurasa mu rwego rwo kwitabara ahita apfa.
Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yabwiye IGIHE ko aya makuru, ndetse avuga ko abari kumwe n’uyu musore na bo bafashwe.
Ati “Ubwo Abapolisi bari mukazi ko kurwanya ubucuruzi butemewe bwambukiranya imipaka barwanyijwe n’abaturage, haraswamo umwe abandi barafatwa.”
Yibukije abaturage bakora ubucuruzi butemewe ko bakwiye kubyirinda kuko bitera ibihombo ku gihugu, kubera inyerezwa ry’imisoro, ari na yo mpamvu ababufatiwemo bahabwa ibihano birimo no gufungwa kuko baba banyuranyije n’amategeko.
Abafatanywe n’uyu musore bafungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Gisenyi.
Umurambo w’uwarashwe wahise ujyanwa mu bitaro bya Gisenyi gukorerwa isuzumwa mbere y’uko ushyingurwa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *