skol

Ruhango: Umuturage yapfuye ari gukora umuganda

Yanditswe: Saturday 25, Apr 2026

featured-image

Umugabo w’imyaka 45 witwaga Nyandwi Emmanuel, wari mu muganda wo gusenya amashuri ashaje mu Rwunge rw’Amashuri rwa Mwendo (R) mu Karere ka Ruhango, yagwiriwe n’igikuta arapfa.

Urwunge rw’Amashuri rwa Mwendo (R) ruherereye mu Mudugudu wa Nyamigina, Akagari ka Gafunzo. Rwari rufite ibyumba by’amashuri bishya n’ibishaje bitari bigikoreshwa.

Nkuko IGIHE kibivuga Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwendo, Nemeyimana Jean Bosco, yavuze ko ibyumba by’amashuri byasenywaga byubatswe kera kandi ko byari byubakishije rukarakara.

Ati "Twari mu muganda, hari ahantu hari ibyumba by’amashuri bishaje, twubatse ibindi bibisimbura, uyu munsi rero twari dufite umuganda wo gukuraho ibyo bishaje kugira ngo bitazagwira n’abana."

Gitifu Nemeyimana yakomeje ati "Mu byago rero twagize, duhirika igikuta kimwe, ikindi gihita kiza, gifata umwe mu baturage bacu, tugira ibyago ahita apfa. Bari benshi, bamwe babashije kugihunga ariko we kiramufata, kiramugwira.”

Umurambo wa Nyandwi wajyanywe mu bitaro bya Kabgayi biherereye mu Karere ka Muhango mu gihe hari gutegurwa gahunda yo kumushyingura.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa