Ruracyageretse hagati ya Afurika y’Epfo na Israel ishinja gukora jenoside muri Gaza
Yanditswe: Friday 12, Sep 2025
Guverinoma ya Afurika y’Epfo yatangaje ko izakomeza gusaba urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye (ICJ) kwemeza ko ingabo za Israel ziri gukorera jenoside mu ntara ya Gaza muri Palestine.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu, Ronald Lamola, yasobanuye ko gukurikirana iki kibazo bigamije kurengera abaturage ba Palestine kugira ngo batazima no guhagarika jenoside bakorerwa.
Yagize ati “Afurika y’Epfo yajyanye ikirego muri ICJ kugira ngo ibungabunge ukubaho kw’abaturage ba Palestine, guhagarika ihezwa ry’ubwoko na jenoside ibakorerwa. Ibi ntibireba Gaza na Israel gusa, ahubwo ni ukugira ngo ahari amakimbirane ku Isi yose hubahirizwe itegeko mpuzamahanga rigenga ubutabazi.”
Ingabo za Israel zatangije ibitero bikomeye muri Gaza mu Ukwakira 2023, nyuma y’aho umutwe witwaje intwaro wa Hamas ugenzura iyi ntara wishe Abisirayeli barenga 1100, ugashimuta abandi barenga 250 mu majyepfo ya Israel.
Guverinoma ya Israel isobanura ko ibi bitero bigamije gusenya Hamas no kuyishyiraho igitutu kugira ngo irekure Abisirayeli yagize imbohe, ariko amahanga anenga uburyo ikomeresha imbaraga z’umurengera, abasivili benshi bagapfa, abandi bagahunga.
Mu Ukuboza 2023, Afurika y’Epfo yareze Israel muri ICJ, isobanura ko ingabo z’iki gihugu ziri gukorera jenoside muri Gaza, bityo ko zigomba guhagarika ibi bitero vuba, zikaryozwa ibyaha zakoze.
Israel yagaragaje ko ingabo zayo ziri kwirwanaho nyuma yo guterwa na Hamas mu Ukwakira 2023, ishinja Afurika y’Epfo kuba igikoresho cy’uyu mutwe witwaje intwaro.
Nyuma y’iburanisha ryabaye muri Mutarama 2024, abacamanza ba ICJ banzuye ko Israel igomba gufata ingamba zikumira jenoside muri Gaza kandi ko imbohe z’Abisirayeli zigomba kurekurwa.
Afurika y’Epfo yasabye ICJ gufata izindi ngamba zihutirwa zirengera abatuye muri Gaza, muri Werurwe 2024 uru rukiko rutegeka Israel gufasha aba basivili barimo abahungiye mu nkambi kubona ibiribwa.
Muri Gicurasi 2024, ingabo za Israel zatangije ibitero mu karere ka Rafah kahungiyemo abaturage benshi bo muri Gaza nyuma yo kubasaba kuhava bwangu. Icyo gihe ICJ yasabye Israel gukura ingabo muri aka karere ariko ntiyabyubahirije.
Guverinoma ya Afurika y’Epfo igaragaza ko ingabo za Israel zigomba guhagarika burundu ibitero muri Gaza, kuko biri mu mugambi wo gutsemba abaturage ba Palestine.
Iyi Guverinoma kandi ibona ko kugira ngo aya makimbirane ahagarare burundu, Palestine igomba kugira ubwigenge.
Kuva mu 2023, Afurika y’Epfo na Israel biburanira muri ICJ bipfa ibitero bigabwa muri Gaza

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *