skol

Rusizi: Umugabo w’imyaka 57 akurikiranyweho gushinga imisaraba ibiri mu rugo rw’umuturanyi

Yanditswe: Thursday 24, Jul 2025

featured-image

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rusizi yataye muri yombi umugabo w’imyaka 57 akekwaho gushinga imisaraba mu rugo rw’umuturanyi we bari bafitanye amakimbirane.

Ukekwa yafatiwe muri uru rugo ku wa 21 Nyakanga 2025, saa tanu z’ijoro. Avuga ko impamvu yabimuteye ari uko yashakaga gutera ubwoba uwo muturanyi kugira ngo yimuke kuko bari bafitanye amakimbirane.

Byabereye mu Mudugugudu wa Rwumvangoma Akagari ka Giheke mu murenge wa Giheke. Ni nyuma y’aho tariki 20 Nyakanga 2025 uwo muturage yakuriwe ibijumba mu murima we n’abantu batahise bamenyekana.

Ukekwa afungiye kuri RIB sitasiyo ya Kamembe mu gihe iperereza ku byaha akekwaho rikomeje.

Mu bigikurikiranwa harimo kuba umwaka ushize nabwo yarafungiwe ibikorwa nk’ibi gusa akaza kurekurwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa