Rutsiro: Umugabo washinjaga umugore kumuca inyuma yasanzwe mu mugozi yapfuye
Yanditswe: Tuesday 28, Oct 2025
Umugabo w’imyaka 53 wo mu Karere ka Rutsiro, yasanzwe mu mugozi amanitse yapfuye, hakekwa amakimbirane yo mu muryango aho yari amaze iminsi ashinja umugore we ku muca inyuma.
Ibi byabereye mu Murenge wa Manihira, Akagari ka Muyira ho mu Mudugudu wa Rutangaza, ku mugoroba w’itariki 27 Ukwakira 2025.
Uyu mugabo washakanye byemewe n’amategeko n’umufasha we w’imyaka 52, yabonwe bwa mbere n’umukobwa we w’imfura, amanitse mu ruganiriro yapfuye.
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative, yahamije aya makuru.
Ati “Nibyo koko amakuru y’urupfu rw’uwo mugabo twayamenye aho yari asanzwe abana n’umufasha we mu makimbirane, byatubabaje kuko kwiyahura bidakemura ikibazo.”
Yaboneyeho gusaba abaturage bafitanye amakimbirane kwegera ubuyobozi bukabafasha kuyakemura, bitaragera ubwo umwe muri bo afata umwanzuro wo kwiyahura.
Umurambo wa nyakiwigendera wajyanywe ku bitaro bya Murunda gukorerwa isuzuma mbere y’uko ushyingurwa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *