Rutsiro: Umusaza wari wugamye imvura yakubiswe n’inkuba arapfa
Yanditswe: Tuesday 08, Jul 2025
Umusaza witwa Hitimana Aloys wo mu Karere ka Rutsiro wari wugamye imvura yakubiswe n’inkuba arapfa.
Ibi byabereye mu Murenge wa Murunda, mu Kagari ka Mburamazi, mu Mudugudu wa Rukingu, mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 7 Nyakanga.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murunda, Mukamana Jeanette yahamirije IGIHE iby’uru rupfu, avuga ko rwatewe n’inkuba.
Ati “Nibyo koko Hitimana wari ufite imyaka 76 yapfuye nyuma gukubitwa n’inkuba mu Kagari ka Mburamazi. Bikimara kuba abaturage bagerageje gutabara ariko ntibyagira icyo bitanga. Iperereza riracyakomeje.”
Yanaboneyeho gusaba abaturage kugira imirindankuba ku nzu zabo.
Muri Mata 2025 nabwo inkuba yambuye ubuzima umugore witwa Imanizabayo wari ufite imyaka 28 wo mu Karere ka Rutsiro, Umurenge wa Mushonyi, imukubitiye mu rugo rwe.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubutabazi bwihuse muri MINEMA, ACP Egide Mugwiza aherutse gutangariza IGIHE ko inkuba ari ikibazo by’umwihariko mu bice by’icyaro, kuko mu bice by’imijyi usanga inyubako nyinshi zifite imirindankuba.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *