skol
fortebet

Rwongeye kwambikana hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

author-image

Yanditswe na: ISHIMWE Jean de Dieu
Kuwa: Friday 10, Jul 2026

Rwongeye kwambikana hagati ya AFC/M23 n'uruhande bahanganye

Sponsored Ad

skol

Mu bice binyuranye biri mu rugabano rwa Teritwari za Masisi na Walikale mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, habaye imirwano ikomeye yamaze umwanya munini hagati ya AFC/M23 n’abarwana ku ruhande ya Leta ya DRC barimo abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo.

Iyi mirwano yatangiye ijoro ryo ku wa Gatatu, yagejeje ku wa Kane, tariki 09 Nyakanga 2026, rucyambikanye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byumwihariko inyeshyamba za Wazalendo.

Amakuru dukesha Radio Okapi, avuga ko iyi mirwano yibasiye ibice byinshi by’icyaro muri kariya gace, yatumye abaturage benshi bava mu byabo kugira ngo bakize amagara yabo.

Amakuru yatanzwe n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze muri biriya bice, avuga ko iyi mirwano yatangiye saa tanu z’ijoro ryo ku wa Gatatu, ubwo inyeshyamba za Wazalendo zagabaga ibitero icyarimwe ku birindiro byinshi bya AFC/M23, ndetse ikaba yageze mu bice nka Kalembe, Kalonge, Kivuye, na Mpati.

Urusaku rw’amasasu arimo ay’imbunda za rutura n’izoroheje, yakomeje kumvikana kuva muri ririya joro ryo ku wa Gatatu, kugeza sa yine z’igitondo cyo kuri uyu wa Kane.

Imiryango myinsi yo muri aka gace kabereyemo imirwano, yahungiye ku Kigo Nderabuzima cya Kalembe, ariko bakaba baje gusubira mu ngo zabo nyuma yuko habonetse ituze.

Nubwo abaturage basubiye mu byabo, ariko haracyari ubwoba mu baturage, bavuga ko isaha n’isaha urugamba rushobora kongera kwambikana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa