skol
fortebet

Safari wabaye Senateri mu Rwanda akaba yari mu mutwe wa RNC yitabye Imana

Yanditswe: Wednesday 25, May 2022

featured-image

Sponsored Ad

Safari Stanley wabaye umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda akaza guhunga, akaba yanavugwagaho kuba mu mutwe wa RNC, yapfiriye muri Afurika y’Epfo.

Sponsored Ad

Uyu mugabo yari umwe mu bayoboke bakomeye b’umutwe wa RNC urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, aho yabaga muri Afurika y’Epfo aho yari yarahungiye.

Amakuru yizewe dukura kuri Radiotv10 yemeza ko Safari yapfuye kuri uyu wa kabiri 24 Gicurasi 2022 mu Afurika y’Epfo azize uburwayi.

Safari yabaye mu Nteko Ishinga Amategeko nk’Umudepite ndetse aza no kuba Senateri, azwi muri Politiki yo mu Rwanda aho yamenyekanye mu nkundura y’amashyaka akaba yarabaye umuyobozi wa MDR.

Uyu mugabo yakatiwe igifungo cya burundu n’urukuko rwa Gacaca rwa Cyarwa muri Butare rumuhamije kugira uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, Urukiko rwamukatiye iki gifungo adahari kuko n’ubundi yari yaramaze guhunga.

Sorce: Radiotv10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa