skol
fortebet

Senateri Mureshyankwano yumiwe kubera raporo y’Umujyi wa Kigali yuzuyemo ’Biragayitse’

Yanditswe: Wednesday 07, May 2025

featured-image

Sponsored Ad

Senateri Mureshyankwano Marie Rose, yatangajwe n’uburyo muri Raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya Leta y’umwaka warangiye muri Kamena 2024, Umujyi wa Kigali ufite ‘Biragayitse’ zirenga eshanu kandi ari wo ufite abakozi bafite ubumenyi n’ubushobozi yewe banahembwa neza kurusha abandi ugereranyije n’utundi turere.

Sponsored Ad

Senateri Mureshyankwano, yavuze ko bitumvikana ukuntu Umujyi wa Kigali ufite ‘Biragayitse’ nyinshi kandi ari wo wakabaye ufite amanota meza.

Agira ati” Umujyi wa Kigali muri iyi raporo, ni wo ufite amanota make, mu byiciro bagenderaho nta ‘Ntamakemwa’ n’imwe irimo, ese byaba biterwa n’iki? Kuki aribo basesagura umutungo wa Leta?”

Uretse icyo kibazo, Mureshyankwano yagaragaje kandi ko ikindi kibazo Umujyi wa Kigali ufite ari akajagari mu miturire gaterwa n’ibishushanyo mbonera bidakorerwa igihe bikabangamira abashaka kubaka. Asaba ko hakwiye kugira igikorwa ndetse n’umujyi wa Kigali ukisubiraho.

Ati” Ibi byo kudatanga igishushanyo mbonezamiturire ku gihe bigira ingaruka nyinshi zirimo ko bibangamira abashaka kubaka. Kubera iki batabikora kare kugirango abashaka kubaka babigendereho? Rwose birababaje hakwiye kugira igikorwa ndetse n’Umujyi wa Kigali ukisubiraho bagakurikiza amategeko kuko mbona bari mu bakurura akajagari.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa