skol

Sudani: Abasirikare batandatu bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni bishwe

Yanditswe: Tuesday 16, Dec 2025

featured-image

Abasirikare batandatu b’Abanya-Bangladesh bari mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani buzwi nka UNISFA biciwe mu gitero cyagabwe na drones, abandi umunani barakomereka.

Abo basirikare biciwe mu Mujyi wa Kadugli uri mu majyepfo y’agace ka Kordofan kari rwagati muri Sudani.

Abo basirikare bari mu bagize ubutumwa bwa UNISFA basanzwe bafite ibirindiro mu gace gahuriweho na Sudani na Sudani y’Epfo ka Abyei ariko bagakorera mu bice bitandukanye bya Sudani.

Nyuma y’icyo gitero, Guverinoma ya Sudani yahise isohora itangazo rivuga ko byakozwe n’abo mu mutwe wa RSF (Rapid Support Forces) uhanganye Leta ya Sudani mu ntambara yatangiye mu 2023.

Iryo tangazo ryamaganye ubwo bwicanyi rivuga ko ari ukwibasira bikomeye ibikorwa n’umutungo wa Loni kandi biba bidakwiye kwinjizwa mu makimbirane ayo ari yo yose.

Gusa ubuyobozi bw’uwo mutwe bwahise bwihutira guhakana ibyo Leta ibushinja bugaragaza ko ari ibinyoma bigamije kuwuharabika.

Umuhango wo gusezera kuri abo basirikare bishwe wabereye muri Sudani ku wa Mbere tariki 15 Ukuboza 2025 mbere yo kubohereza iwabo ngo bashyingurwe.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres na we yamaganye ubwo bwicanyi ndetse yibutsa ko kwibasira ubutumwa bw’uwo muryango gutyo ari kimwe mu byaha by’intambara.

Ati “Buriya bwicanyi burababaje kandi ntibushobora kwiganganirwa. Kwibasira abari mu butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro ni igikorwa kigayitse kandi gishobora gufatwa nk’icyaha cy’intambara mu mategeko mpuzamahanga.”

Ubutumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani bwiswe UNISFA, bwatangiye gukorera muri Sudani mu 2011 bushinga ibirindiro mu gace ka Abyei kari hagati y’ibihugu byombi bitewe n’uko katumvikanwagaho n’ibihugu byombi ubwo Sudani y’Epfo yendaga gutangaza Ubwigenge bwayo yiyomoye kuri Sudani.

Intambara yo muri Sudani, habarwa ko guhera mu 2023 yatangiye imaze guhitanira abantu 40.000 mu abandi benshi bakorewe ihohoterwa ryo mu buryo butandukanye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa