Sudani: Loni yafatiye ibihano abayobozi ba RSF barimo murumuna wa Gen. Dagalo
Yanditswe: Wednesday 25, Feb 2026
Ku wa 24 Gashyantare, komite ishinzwe ibihano y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano muri Sudani yongeye abayobozi bane bakuru b’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) ku rutonde rw’abafatiwe ibihano, nyuma y’icyifuzo cyatanzwe na Amerika, u Bwongereza n’u Bufaransa.
Iki cyifuzo cyatanzwe ku itariki ya 17 Gashyantare, cyashatse kongeraho ba komanda bane ba RSF mu bafatiwe ibihano byemejwe n’Umwanzuro 1591.
Mu bongewemo harimo Abdel Rahim Hamdan Dagalo, umuyobozi wungirije wa RSF akaba na murumuna w’umuyobozi w’uyu mutwe, Mohamad Hamdan “Hemetti” Dagalo.
Ibihano kandi birareba Gedo Hamdan Ahmed, umuyobozi wa RSF muri Darfur y’Amajyaruguru, na Brig. Gen. Al-Fateh Abdallah Idris, uzwi ku izina rya Abu Lulu. Hari kandi Tijani Ibrahim Musa Mohamed, umuyobozi w’ingabo uzwi ku izina rya Al Zeir Salem.
Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, u Bwongereza na Amerika byari byarafatiye ibihano by’umuntu ku giti cye Gedo Hamdan, Al-Fateh Abdullah na Tijani Ibrahim. Bavuzweho kugira uruhare mu ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu n’ibyaha byakorewe mu mujyi wa El Fasher, muri Darfur y’Amajyaruguru.
Iki cyemezo kigaragaza ubwiyongere bukabije bw’igitutu mpuzamahanga ku buyobozi bwa RSF mu gihe intambara yo muri Sudani yenda kumara imyaka itatu.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *