skol

Sudani y’Epfo yataye muri yombi abarimo abasirikare bakuru bakekwaho kwica abaturage

Yanditswe: Friday 06, Mar 2026

featured-image

Igisirikare cya Sudani y’Epfo cyatangaje ko cyataye muri yombi abasirikare bacyo bakekwaho kwica abasivili 16 bo mu gace ka Ayod County muri Leta ya Jonglei iri mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu.

Umuvugizi w’Ingabo za Sudani y’Epfo, Maj Gen Lul Ruai Koang yavuze ko abakoze iryo bara bagomba kubihanirwa uko byagenda kose.

Ati “Tubabajwe n’ababuze ubuzima bikekwa ko babwambuwe n’abamwe mu basirikare. Ntabwo twihanganira bene ibi bikorwa. Twafashe ingamba zihuse, abakekwa batawe muri yombi, ikindi bazakurikiranwa mu nkiko ku byaha bakekwaho.”

Yavuze ko mu batawe muri yombi harimo abasirikare babiri bo ku rwego rwa ofisiye, n’abandi basirikare bato benshi bikekwa ko bagize uruhare muri ubu bwicanyi.

Yavuze ko abo basirikakare bazahanwa bikomeye hashingiwe ku byaha bikekwa ko bakoze, icyakora avuga ko ibyatumye aba baturage bicwa kitaramenyekana neza.
Aba baturage 16 bivugwa ko bishwe ku wa 21 Gashyantare 2026. Bivugwa ko harimo abagore n’abana.

Sudani y’Epfo yakunze kurangwa n’umutekano muke kuva yakwiyomora kuri Sudani mu 2011.

Muri Mutarama 2026 inzego z’umutekano ziri mu butumwa bwa Loni muri iki gihugu, zatangaje ko ubugizi bwa nabi muri Leta ya Jonglei bukomeje kwiyongera ndetse bwatumye abaturage barenga ibihumbi 180 bava mu byabo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa