skol

Syria: Hadutse imyigaragambyo nyuma no gutwika igiti cya Noheri

Yanditswe: Tuesday 24, Dec 2024

featured-image

Muri Syria hadutse imyigaragambyo yatewe no gutwika igiti cya Noheri hafi y’umujyi wa Hama, aho video yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanaga abantu bitwaje imbunda bihishe mu maso batwikira igiti cya Noheri mu rubuga runini rwa Suqaylabiyah, umujyi wiganjemo Abakirisitu muri Syria rwagati.

Itsinda ry’abayisilamu ryayoboye imyivumbagatanyo yahiritse Perezida Bashar al-Assad ryavuze ko abagabo batwitse iki giti ari abarwanyi b’abanyamahanga kandi bafunzwe ndetse ko igiti kiza gusanwa vuba.

Ibihumbi by’abigaragambyaga bagiye mu mihanda hirya no hino, basaba abategetsi bashya b’Abayisilamu kurinda amadini ya ba nyamucye.

Mu gace ka Bab Touma mu nkengero za Damas, abigaragambyaga bitwaje umusaraba n’ibendera rya Syria, baririmba bati: “Tuzatamba roho zacu kubw’umusaraba”.

Uwigaragambya witwa Georges yatangarije Ibiro Ntaramakuru AFP ati: “Niba tutemerewe kubaho mu myizerere yacu ya gikristo mu gihugu cyacu, nk’uko byari bisanzwe, ubwo ntitukiri aba aha”.

Syria ituwe n’amoko menshi n’amadini, arimo Aba-Kurde, Abanyarumeniya, Abashuri, Abakirisitu, Druze, Abashiya b’Abalawite n’Abasuni b’Abarabu, aba ba nyuma bakaba ari bo benshi mu baturage b’Abayisilamu.

Mu byumweru birenga bibiri bishize, Perezida Bashar al-Assad yakuwe ku butegetsi n’inyeshyamba, bishyira iherezo ku butegetsi bw’umuryango wa Assad wari umazeho imyaka irenga 50.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa