Syria: Hafashwe uwari ukuriye ubutabera bwa gisirikare kubwa Assad
Yanditswe: Saturday 28, Dec 2024
Kuri uyu wa Kane, itariki 26 Ukuboza 2024, abategetsi bashya ba Syria bataye muri yombi uwari umuyobozi w’ubutabera bwa gisirikare watanze igihano cy’urupfu ku bantu bari bafungiwe muri gereza izwi cyane ya Saydnaya yagenzurwaga na guverinoma yahiritswe ya Perezida Bashar Assad.
Nk’uko ikigo cya Syria gishinzwe uburenganzira bwa muntu kibitangaza ngo Gen. Mohammed Kanjo Hassan yafatiwe mu ntara ya Tartus, ahari indiri ikomeye y’umuryango wa Assad, afatanwa n’abantu 20 bamwegereye.
Iki kigo cyavuze ko Kanjo Hassam yatanze “ibihano ibihumbi”, harimo n’ibihano by’urupfu, ku bantu bafungiwe i Saydnaya.
Kanjo Hassan yayoboye urukiko rwa gisirikare rwa Syria ku rugamba kuva mu 2011 kugeza 2014, mu myaka itatu ya mbere y’intambara y’abenegihugu, nk’uko byatangajwe na Diab Serriya, umwe mu bashinze ishyirahamwe ry’abafunzwe n’ababuze muri Gereza ya Saydnaya (ADMSP).
Nyuma yaho, Kanjo Hassan wazamuwe agirwa umuyobozi w’ubutabera bwa gisirikare hirya no hino muri Syria, nk’uko Serriya akomeza abitangaza, ngo yakatiye “abantu ibihumbi” igihano cyo kwicwa, akenshi mu “manza zimaze iminota.”
Iri tsinda ryizera ko Kanjo Hassan yinjije miliyoni 150 z’amadorari (miliyoni 143 €) ya ruswa yatanzwe na bene wabo b’abafunzwe bifuzaga cyane kumenya amakuru y’abantu babo bakunda.
Kugirango uyu mugabo atabwe muri yombi habanje kubaho gukozanyaho hagati y’abashinzwe umutekano we ndetse n’abashinzwe umutekano bashya ba Syria, aho bivugwa ko abashinzwe umutekano bagera kuri 14 baguye muri iyo mirwano.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *