skol
fortebet

Tanzania yafunze X yahoze ari Twitter

author-image

Yanditswe na: ISHIMWE Jean de Dieu
Kuwa: Thursday 05, Jun 2025

Tanzania yafunze X yahoze ari Twitter

Sponsored Ad

skol

Tanzania yafunze urubuga rwa X iyishinja ko igaragaraho amakuru ajyanye n’ibiyobyabwenge hamwe n’ubusambanyi, nyuma y’ibyumweru bibiri konti za Leta zinjiwemo n’abagizi ba nabi.

Umwaka ushize, X yari yatangaje ko itazongera gukumira amashusho ajyanye n’imibonano mpuzabitsina mu gihe cyose abayagaragaramo bayafashe babyumvikanyeho.

Minisitiri ushinzwe Itangazamakuru muri Tanzania, Jerry Silaa, yabwiye televiziyo y’igihugu ko ibyo bikorwa “binyuranyije n’amategeko yacu.”

Yavuze ko ubu uru rubuga rugaragaraho “ubusambanyi n’ubutinganyi, byose binyuranyije n’amategeko y’igihugu cyacu, umuco, imigenzo n’amahame tugenderaho.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa