Muri Tchad, abaperezida umunani b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bafatiwe i Ndjamena kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 25 Mata, nta mpamvu yemewe cyangwa icyemezo cyo kumuta muri yombi. Bose ni abanyamuryango b’itsinda ryo kugishanya inama ry’abanyapolitiki (Gcap), ihuriro ry’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi n’abahagarariye sosiyete sivile.
Itabwa muri yombi rya mbere ryabaye kare mu gitondo. Prof. Avocksouma Djona Atchénémou, perezida w’ishyaka rya Les Démocrates, yafatiwe iwe hamwe n’umugore we nk’uko inkuri dukesha RFI ivuga.
Nyuma yo kubimenyeshwa, abandi ba perezida b’amashyaka ari muri Gcap bahise bahurira ku cyicaro gikuru cy’ishyaka nyafurika riharanira amahoro n’ubutabera (PAP/JS).
Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’iryo shyirahamwe, Hissen Abdoulaye, ngo aho ni ho abandi barindwi bafatiwe n’inzego z’umutekano, zangije ibiri no mu nyubako PAP/JS ikoreramo bamenagura amadirishya kandi bafata imodoka zihaparitse.
Mu bafashwe harimo abantu bakomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi nka Max Kemkoye na Nassour Koursami.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *