skol

TikTok yahagaritse gukorera ku butaka bwa Amerika

Yanditswe: Sunday 19, Jan 2025

featured-image

Kuri iki Cyumweru,itariki 19 Mutarama 2025, TikTok yahagaritse gukora ku bayikoresha muri Amerika kandi ntikiri kuboneka kuri za app stores zizwi mbere gato y’uko itegeko rya leta ryari kuyibuza gukorera muri iki gihugu ritangira gukurikizwa.

Ubutumwa ku bakoresha bagerageza gukoresha iyo porogaramu bwagize buti: “Muri Amerika hashyizweho itegeko ribuza TikTok.” “Ikibabaje ni uko bivuze ko udashobora gukoresha TikTok kuri ubu.”

Amaduka ya porogaramu (app stores) yakuye urubuga rwa videwo ngufi ruzwi cyane ku isoko ryo muri Amerika, aho rutari kuboneka mu bubiko bwa Google App, Apple store cyangwa kuri TikTok.com.

Ihagarikwa rya porogaramu muri Amerika ryabaye nyuma y’uko iyi sosiyete iburiye abakoresha bayo ku wa Gatandatu ko iyi porogaramu igiye “kubura by’agateganyo” kubera ko itegeko riyica mu gihugu rigiye gushyirwa mu bikorwa.

Ububiko bwa porogaramu ntibushobora kwemerera urubuga gukomeza kuboneka hakurikijwe amategeko ya leta yasabaga sosiyete ibyara TikTok yo mu Bushinwa, ByteDance, kugurisha urubuga cyangwa igahagarikwa muri Amerika.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa