Trump na Visi Perezida we ntibatumiwe mu muhango wo gushyingura Dick Cheney
Yanditswe: Thursday 20, Nov 2025
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump na Visi Perezida, J.D Vance, ntibatumiwe mu muhango wo gushyingura Dick Cheney, wahoze ari Visi Perezida w’iki gihugu.
Kudatumirwa kwa Trump na Vance muri uyu muhango uteganyijwe kuri uyu wa Kane, kwatangajwe na CNN, ishimangira ko ari amakuru ikesha abari kuwutegura.
Uyu muhango utegerejwemo abantu 1000 batumiwe ku buryo bwihariye, urabera muri Washington National Cathedral.
Mu bo biteganyijwe ko bawitabira harimo aba Visi Perezida bane bakiriho: Kamala Harris, Mike Pence, Al Gore na Dan Quayle, hamwe n’abahoze ari ba Perezida: George W. Bush na Joe Biden.
Uragaragaramo kandi bamwe mu bacamanza b’Urukiko rw’Ikirenga barimo Umucamanza Mukuru John Roberts, Brett Kavanaugh na Elena Kagan.
Uranitabirwa n’abahoze bayobora Inteko ishinga amategeko barimo Nancy Pelosi, John Thune uyobora Sena na Mitch McConnell wahoze ayiyobora.
Kudatumirwa kwa Trump ntikwatangaje benshi. Nubwo Cheney yari yamushyigikiye mu matora ya 2016, mu myaka ye ya nyuma yamaganye Trump ku mugaragaro, cyane cyane nyuma y’uko umukobwa we, Liz Cheney yari muri Komisiyo y’Abadepite bari bashinzwe gukora iperereza ku ruhare rwa Trump mu mvururu zibasiye inyubako ikoreramo Inteko ku wa 6 Mutarama 2021.
Mu 2022, Cheney yavuze ko Trump ari “umugabo w’ikigwari” ndetse ko ari “ingorabahizi ikomeye ku mahame ya Amerika.”
Trump kugeza ubu nta jambo na rimwe yigeze avuga ku rupfu rwa Cheney, gusa White House yo yatangaje ko “Perezida abizi” ndetse amabendera yamanuwe kugeza hagati.
Cheney, wabaye Visi Perezida hagati ya 2001 na 2009, yitabye Imana ku wa 3 Ugushyingo afite imyaka 84. Mbere y’aho yabaye Minisitiri w’Ingabo, Umuyobozi Mukuru w’Ibiro bya Perezida ndetse n’umudepite uhagarariye Wyoming. Azwi cyane nk’umwe mu ba Visi Perezida bagize ijambo rikomeye, ariko na none ntavugwaho rumwe kubera uruhare rwe mu gutangiza Intambara yo muri Iraq.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *