skol

Trump ntiyishimiye umubano u Bwongereza bushaka kugirana n’u Bushinwa

Yanditswe: Friday 30, Jan 2026

featured-image

Donald Trump yavuze ko u Bwongereza buri gukina n’umuriro nyuma y’uko butangaje ko buri mu nzira yo kugirana imikoranire ya hafi n’u Bushinwa, igihugu kidacana uwaka na Amerika.

Ibi perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yabigarutseho nyuma y’uko u Bwongereza n’u Bushinwa bitangaje ko bigiye gukorana bya hafi muri gahunda zo kuzahura ubukungu n’ishoramari.

Bimwe mu byo bemeranyijwe harimo gukuriraho visa abifuza kwinjira mu gihugu byombi no kugabanya imisoro y’ibicuruzwa ndetse n’ishoramari risaga miliyari £10.9 mu ruganda rwa AstraZeneca ruzubakwa mu Bushinwa.

Ibi bije nyuma y’uruzinduko rw’iminsi itatu Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Sir Keir Starmer yagiriye mu Bushinwa aho yabonanye na Perezida Xi Jinping.

Trump utanejejwe n’ibi yagize ati “Ni bibi cyane kuri bo gutinyuka bakabikora.”

Aha bari bamubajije kugira icyo avuga ku Bwongereza nyuma yo kuzahura umubano n’u Bushinwa ushingiye ku bucuruzi, aho yari mu birori byo kwerekana filime mbarankuru ivuga ku mugore we, Melania Trump.

Trump kandi yanakomoje kuri Canada, avuga ko nayo kwifatanya n’u Bushinwa bitayiguye amahoro, ati “Canada ihagaze nabi, kandi sintekereza ko u Bushinwa aribwo bakwiye kubona nk’umucunguzi”.

Canada nayo ni kimwe mu bihugu Trump aherutse gutangaza ko azashyiriraho ibihano nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe wayo agiriye uruzinduko i Beijing.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa