Trump yaburiye Hamas mu gihe yatangira akazi itararekura imbohe
Yanditswe: Wednesday 01, Jan 2025

Perezida wa Amerika watowe, Donald Trump, yavuze ko Hamas igomba kurekura vuba imbohe zajyanwe mu bunyage muri Gaza, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru mu birori bye byo kwizihiza umwaka mushya iwe i Mar-a-Lago.
Ati: “Reka mbivuge muri ubu buryo, [Hamas] bashatse barekura imbohe zikagaruka vuba.”
Nk’uko bitangazwa na The Jerusalem Post, ngo abajijwe ibijyanye no guhagarika imirwano, Trump yagize ati: “Tuzareba uko bigenda.”
Trump yatangaje kenshi amagambo asa nkayo kuva yatsinda amatora ya perezida yo mu Gushyingo, harimo ayo yanditse ku rubuga nkoranyambaga rwe, True Social, mu ntangiriro z’Ukuboza aho yasezeranyije ko hazaba ingaruka zikomeye niba imbohe zitazarekurwa ku munsi azatangiriraho imirimo ye.
“Niba imbohe zitarekuwe mbere y’itariki ya 20 Mutarama 2025, itariki nzatangiriraho imirimo yanjye nka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hazabaho ‘Ukuzimu ko kwishyura”mu Burasirazuba bwo Hagati, ndetse no kuri abo bakoreye ibikorwa bya kinyamanswa ikiremwamuntu. “
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *