skol

Trump yahigiye kwivuna Iran nitemera ibiganiro, imusubiza ko idashobora kwemera igitutu

Yanditswe: Tuesday 21, Apr 2026

featured-image

Trump yatangaje ko Iran izahura n’ibibazo itigeze ibona mu mateka yayo niba itemeye kugirana ibiganiro na Amerika. Yabivuze mu kiganiro n’Umunyamakuru John Fredericks, ko intambara iri hafi kurangira ariko ko Iran nititwara neza izahura n’akaga.

Ati “Nibatemera ibiganiro, baraza kubona ibibazo batigeze babona mbere.”

Trump yavuze ko Visi Perezida wa Amerika, JD Vance n’intumwa ye mu biganiro by’amahoro Steve Witkoff hamwe n’umukwe we Jared Kushner bazajya muri Pakistan mu bindi biganiro mu gihe igihe cy’agahenge kemejwe hagati y’impande zombi kigomba kurangira muri iki cyumweru.

Ako gahenge ni ak’ibyumweru bibiri. Ntabwo bizwi neza igihe Trump ateganya kohereza intumwa ze i Islamabad.

Mu gihe Trump yakajije igitutu kuri Iran, Umukuru w’inteko Ishinga Amategeko ya Iran, Mohammad-Bagher Ghalibaf, yatangaje ko igihugu cye kidashobora kwemera gushyirwaho igitutu ngo kijye mu biganiro.

Ati “Ntabwo twemera ibiganiro ku gitutu, kandi mu byumweru bibiri bishize, twateguraga kugaragaza ibindi bintu bishya ku rugamba.”

Ghalibaf ni umwe mu bayobozi ba Iran bahuye na JD Vance n’izindi ntumwa za Trump muri Pakistan mu biganiro bitagize icyo bitanga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa