skol

Trump yatangaje ko ingabo za Amerika zizaguma hafi ya Iran mu gihe itaremeza amasezerano

Yanditswe: Thursday 09, Apr 2026

featured-image

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ubwato n’indege za gisirikare bya Amerika bizaguma hafi ya Iran bitegereje kurasa igihe cyose Iran yakwanga burundu gusinya amasezerano y’amahoro.

Ibi yabitangaje ku wa 8 Mata 2026, akoresheje urubuga rwa Truth Social, aho yavuze ko intwaro za Amerika zizaguma hafi ya Iran kugeza bageze ku masezerano y’agahenge.

Ati “Ubwato bwose bwa Amerika, indege, n’abasirikare n’izindi ntwaro bizaguma aho biri hafi ya Iran kugeza igihe habereyeho amasezerano afatika kandi yubahirijwe.”

Ku wa 26 Werurwe 2026 ni bwo Trump yatangaje ko ahaye Iran iminsi 10 yo kuba yafunguye inzira ya Hormuz inyuzwamo 20% by’ibikomoka kuri peteroli bijya hirya hino.

Ku wa 5 Mata 2026, habura iminsi ibiri ngo iyo minsi irangire yongeye kwibutsa Iran ko isigaranye amasaha 48 gusa cyangwa akayirimbura.

Iyo minsi yaje kurangira ku wa 7 Mata 2026, Trump ateguza irimbuka rya Iran n’ubutegetsi bwayo bwose, ndetse ko azarasa ku nganda zikomeye z’ingufu zo muri Iran.

Icyakora habura amasaha make ngo igihe yari yavuze kigere, yatangaje ko yasubitse uko kurimbura Iran nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Umuyobozi wa Pakistan wasabye ko habaho agahenge hagati ya Amerika na Iran, ahubwo bakagirana ibiganiro.

Ku rundi ruhande Iran yo yatangaje ko izafunga inzira Hormuz burundu Amerika niramuka irashe ku nganda zitunganya ibikomoka kuri peteroli n’iz’amasharazi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa