Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Cuba ari yo bagiye kugabaho igitero cya gisirikare.
Yabitangaje mu nama yiswe Saudi Investment Conference ariko ntitasobanura byinshi kuri iki gitero.
Trump ati “Nubatse igisirikare gikomeye, ndavuga nti si ngombwa kugikoresha ariko rimwe na rimwe uba ugomba kubakoresha kandi Cuba ni yo ikurikira. Ariko mwigire nk’aho ntigeze mbivuga, ndabinginze.”
Mu ntangiriro za Mutarama Amerika yagabye igitero kuri Venezuela birangira itaye muri yombi Perezida Maduro n’umugore we.
Ku wa 28 Gashyantare 2026 Amerika yateye Iran igamije gukuraho ubutegetsi bwa Ayatorah Khamenei wiciwe muri icyo gitero ndetse mu minsi yakurikiyeho abayobozi bakuru benshi ba Iran baricwa.
Perezida Trump yateguje igitero kuri Cuba

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *