
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ashobora gufatira u Burusiya ibindi bihano by’ubukungu kugeza igihe buzahagarika imirwano na Ukraine.
Uyu mugabo yavuze ibi nyuma y’icyemezo cy’u Burusiya cyo kurasa ku bikorwaremezo bitanga amashanyarazi muri Ukraine, aho yanditse ko igihe kiri kugenda hagati y’impande zombi, ati "Ku Burusiya na Ukraine, mujye ku meza y’ibiganiro ubu, mbere y’uko igihe gishira."
Magingo aya, Amerika iri mu biganiro n’u Burusiya bigamije gushyira iherezo kuri iyi ntambara, gusa irateganya gutangira ibindi biganiro na Ukraine, nabyo bigamije kugera kuri uyu mugambi.
Ku rundi ruhande, Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare yageneraga Ukraine ndetse no gusangira amakuru y’ubutasi n’iki gihugu, ibyo benshi bemeza ko nta kabuza bizatuma imbaraga za Ukraine ku rugamba zigabanuka cyane.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *