skol
fortebet

Tundu Lissu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania yaburiwe irengero

Yanditswe: Friday 18, Apr 2025

featured-image

Sponsored Ad

Umuyobozi Mukuru w’Ishyaka CHADEMA, Tundu Lissu, yaburiwe irengero nyuma y’uko avanywe muri gereza yari afungiyemo i Dar es Salaam akekwaho ibyaha by’ubugambanyi.

Sponsored Ad

Abayobozi ba CHADEMA, abo mu muryango we n’umunyamategeko we batangaje ko ku wa 17 Mata bagerageje kumusura muri gereza yari afungiyemo i Dar es Salaam, kuva ku wa 9 Mata 2025 ariko ntibamubonayo.

Itangazo rya CHADEMA risaba “Ubuyobozi bushinzwe amagereza n’inzego za Leta bireba gutanga amakuru y’aho Lissu aherereye.”

Tundu Lissu wahataniraga kuyobora igihugu mu 2020 yafunzwe azira kugambanira igihugu, binyuze mu magambo bivugwa ko yavuze mu mbwirwaruhame ahamagarira abaturage imyigaragambyo ngo baburizemo amatora ategerejwe mu Ukwakira 2025.

Mu minsi ishize komisiyo y’amatora muri Tanzania yatangaje ko CHADEMA itemerewe gutanga umukandida mu matora y’umukuru w’igihugu kuko yanze gusinya ku mabwiriza ngengamyitwarire ahubwo igasaba impinduka mu buryo amatora akorwamo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa