skol

U Buholandi: Abaminisitiri babiri beguye kubera Israel

Yanditswe: Sunday 24, Aug 2025

featured-image

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Buholandi, Caspar Veldkamp, yeguye ku mwanya we nyuma y’uko Guverinoma ihuriweho n’amashyaka menshi y’iki gihugu yanze gufatira ibihano Israel, kuko ikomeje kugaba ibitero muri Gaza.

Ku wa 23 Kanama 2025, nibwo Veldkamp na Minisitiri ushinzwe Ubucuruzi Mpuzamahanga, Hanneke Boerma, batangaje ubwegure bwabo nyuma y’uko batumvikanye ku cyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Buholandi ihuriweho n’amashyaka cyo kudafatira ibihano Israel.

Ku wa 22 Kanama, nibwo Ishyaka Social Contract ari naryo ribarizwamo aba ba Minisitiri beguye, ryatangaje ko ryifuza ko Israel yafatirwa ibihano kubera uburyo yafunze inzira y’imfashanyo igenerwa abatuye Gaza ndetse igakomeza kuharasa.

Gusa andi mashyaka agize iyi Guverinoma y’u Buholandi yo yanze gufatira ibihano Israel, akaba ariyo mpamvu abagize iri shyaka bahisemo kwegura ku myanya yabo mu rwego rwo kwerekana ko batemeranya n’iki cyemezo cyafashwe.

Veldkamp wigeze kuba Ambasaderi w’u Buholandi muri Israel ari mu bayobozi b’i Burayi bagiye barwanya iki gihugu kuva cyatangira intambara muri Gaza.

Intambara hagati ya Hamas na Israel yatangiye ku wa 7 Ukwakira 2023. Uyu mutwe wari wagabye ibitero kuri Israel bihitana abagera ku 1200 abandi barenga 250 barashimutwa.

Minisitiri ushinzwe Ubucuruzi Mpuzamahanga w’u Buholandi yeguye ku mwanya we kubera Israel

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Buholandi, Caspar Veldkamp yeguye kubera ko igihugu cye cyanze gufatira ibihano Israel

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa