skol

U Burundi: Abanye-Congo bahunze intambara ya Uvira batangiye gutaha

Yanditswe: Saturday 25, Apr 2026

featured-image

Abanye-Congo bari barahungiye mu Burundi ubwo ibice byo muri teritwari ya Uvira byaberagamo imirwano ikomeye mu ntangiriro za Ukuboza 2025, batangiye gusubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi (UNHCR) ryatangaje ko ku wa 23 Mata 2026 ryacyuye icyiciro cya mbere cy’impunzi 462 z’Abanye-Congo zabaga mu nkambi ya Busuma muri Komini ya Ruyigi.

Iki gikorwa gishingiye ku biganiro byahuje abahagarariye u Burundi, RDC na UNHCR byabaye nyuma y’aho muri Werurwe u Burundi bufunguye umupaka wa Gatumba wari ugiye kumara amezi ane udakora kubera impungenge z’umutekano.

UNCHR igaragaza ko imirwano yabereye mu bice byo mu kibaya cya Ruzizi mu mpera z’umwaka ushize yatumye Abanye-Congo barenga ibihumbi 100 bahungira mu Burundi, bacumbikirwa mu nkambi zo mu bice bitandukanye by’igihugu.

Guverineri wungirije w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo washyizweho na Leta ya RDC, Jean-Jacques Elakano, yatangaje ko izi mpunzi zari zibayeho mu buzima bubi cyane bumeze nko mu kuzimu.

Yagize ati "Bagenzi babagaho mu buzima budakwiye umuntu, bari babayeho nko mu kuzimu. Gutaha kw’icyiciro cya mbere rwose kuzatuma n’abandi bashishikarira gutaha. Bakeneyeho kumva batekanye, bakakirwa n’abavandimwe babo kugira ngo bisange aho bakomoka biboroheye."

Kubona ibyo kurya bihagije n’amazi meza mu nkambi zo mu Burundi byari bigoye. Hari Abanye-Congo barenga 40 bapfuye mu Ukuboza 2025, bazize indwara ziterwa n’umwanda, abandi bafata icyemezo cyo gutoroka, bambuka uruzi rwa Ruzizi kubera ko umupaka wari ugifunze.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa