skol

U Burundi bwavuye ku izima, bufungura umupaka wabwo na RDC

Yanditswe: Monday 23, Feb 2026

featured-image

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 23 Gashyantare 2026, Leta y’u Burundi yafunguye umupaka wa Gatumba uhuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’amezi arenga abiri iwufunze.

Abantu ba mbere bamaze kubona ibyemezo bibemerera kujya muri RDC, cyatanzwe n’Urwego rw’u Burundi rushinzwe abinjira n’abasohoka, bakomereza urugendo mu mujyi wa Uvira.

Leta y’u Burundi yafunze umupaka wa Gatumba na Vugizo mu ntangiriro z’Ukuboza 2025, ubwo ihuriro AFC/M23 rirwanya Leta ya RDC ryafataga umujyi wa Uvira. Yasobanuye ko imipaka ibaye ikomeje gukora, umutekano w’Abarundi wajya mu kaga.

Ubwoba bwa Leta y’u Burundi bwatewe ahanini n’uruhare ifite mu ntambara yo mu burasirazuba bwa RDC, cyane ko ingabo zayo na zo zirwanya AFC/M23 n’umutwe wa MRDP-Twirwaneho ugenzura Komini Minembwe.

Muri Mutarama 2026, AFC/M23 yakuye abarwanyi mu mujyi wa Uvira kugira ngo ibiganiro by’amahoro bikomeze. Ingabo za Leta ya RDC byawinjiyemo tariki ya 18 Mutarama, ariko Leta y’u Burundi igaragaza ko igihe cyo gufungura imipaka kitaragera.

Tariki ya 29 Mutarama, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard, yabwiye abanyamakuru ko hafi y’umupaka hakiri abafite umugambi wo guhungabanya umutekano w’igihugu cyabo, bityo ko umupaka wa Gatumba na Vugizo izakomeza gufungwa.

Minisitiri Bizimana yagize ati “Kugira ngo imipaka ifungurwe ni uko tuba twarebye neza ko nta ntambamyi kuko kuyifungura uno munsi, ngo ejo uyifunge kubera ko mutiteguye neza, mutarebye neza ko ibisabwa byuzuye, ntacyo umuntu yaba akoze."

Impunzi z’Abanye-Congo zahungiye mu Burundi mu Ukuboza 2025, zibarirwa mu bihumbi 100, zakomeje gutakamba, zigaragaza ko ubuzima bwo mu nkambi bushaririye. Zasabye gufungurirwa inzira, zigasubira iwabo.

Hari impunzi zafashe icyemezo cyo kunyura mu nzira zishyira ubuzima bwazo mu kaga, zambuka umugezi wa Ruzizi zifashishije amajerekani, izindi ziha ruswa abashinzwe umutekano n’Imbonerakure, bazifasha kwambuka.

Minisitiri Bizimana ati “Twebwe turifuza ko abo Bakongomani basubira iwabo, bagasubira mu byabo ariko twebwe ku gice cy’u Burundi tuvuga tuti ‘Hari ibitaragenda neza kugira ngo iyo mipaka ifungurwe’. Ngira ngo nihagera muzabimenyeshwa."

Hari impunzi nyinshi z’Abanye-Congo zapfiriye mu nkambi zo mu Burundi, zibitewe n’indwara ziterwa n’umwanda ndetse no kubura ibiribwa. Leta y’u Burundi yaratabaje, isaba abaterankunga kuyifasha kuzitaho kuko zari zararenze ubushobozi bwayo.

Icyemezo cyo gufungura umupaka wa Gatumba gifashwe nyuma y’ibiganiro byahuje abayobozi bo mu Burundi n’abo muri RDC. Uwa Vugizo wo wakomeje gufungwa kubera ko ibice biri hafi yawo bigenzurwa na AFC/M23.

Aba mbere bambutse umupaka wa Gatumba kuri uyu wa Mbere, ukimara gufungurwa

Umupaka wa Gatumba wari umaze igihe kirenga amezi abiri ufunzwe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa