skol

U Burundi bwavuze ko budateganya gufungura imipaka yabwo na RDC ndetse no kurekura impunzi z’Abanye-Congo

Yanditswe: Friday 30, Jan 2026

featured-image

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Dr. Edouard Bizimana, yatangaje ko igihugu cye kititeguye gufungura imipaka yo ku butaka gihuriyeho na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Leta y’u Burundi yafunze umupaka wa Gatumba na Vugizo tariki ya 9 Ukuboza 2025, ubwo abarwanyi ba AFC/M23 binjiraga mu Mujyi wa Uvira, isobanura ko itizeye umutekano.

AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo bose muri uyu mujyi tariki ya 17 Mutarama 2026. Ku munsi wakurikiyeho, ingabo za RDC na Wazalendo bisanzwe bikorana n’ingabo z’u Burundi, byatangiye kuwugenzura.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa 29 Mutarama, Minisitiri Bizimana yatangaje ko hari abantu baherutse kugerageza kwinjira mu Burundi bambutse uruzi rwa Ruzizi, bityo ko iyo ari imbogamizi ituma imipaka ikomeza gufungwa.

Minisitiri Bizimana yagize ati "Kugira ngo imipaka ifungurwe ni uko tuba twarebye neza ko nta ntambamyi kuko kuyifungura uno munsi, ngo ejo uyifunge kubera ko mutiteguye neza, mutarebye neza ko ibisabwa byuzuye, ntacyo umuntu yaba akoze."

U Burundi bwakiriye impunzi z’Abanye-Congo zirenga ibihumbi 100 mu ntangiriro z’Ukuboza 2025 ubwo mu kibaya cya Ruzizi haberaga imirwano ikomeye. Mu gihe cy’agahenge, iinyinshi zashatse gutaha ariko zimwa inzira.

Minisitiri Bizimana yemereye abanyamakuru ko koko impunzi z’Abanye-Congo zishaka gutaha, ariko ko nta yandi mahitamo u Burundi bwagira mu gihe butizeye umutekano wo ku mupaka, keretse gukomeza gufunga.

Ati "Twebwe turifuza ko abo Bakongomani basubira iwabo, bagasubira mu byabo ariko twebwe ku gice cy’u Burundi tuvuga tuti ‘Hari ibitaragenda neza kugira ngo iyo mipaka ifungurwe’. Ngira ngo nihagera muzabimenyeshwa."

Uyu muyobozi yemeje ko ubuzima bw’impunzi z’Abanye-Congo mu nkambi zo mu Burundi bugoye, ariko ko zikomeje gukusanyirizwa inkunga, kandi ngo na Leta ya RDC ikomeje kohereza amafaranga yo kuzifasha kubona ibyo zikenera.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa