skol

U Burundi bwibasiwe n’icyorezo cya choléra

Yanditswe: Monday 06, Apr 2026

featured-image

Imibare y’abandura icyorezo cya choléra mu Burundi ikomeje kuzamuka bitewe ahanini no kutagira amazi meza ndese n’umwanda waturutse ku myuzure yibasiye iki gihugu mu minsi ishize.

Kuva mu 2026 kugeza ubu mu Burundi hagaragaye abarwayi 3.500 ba choléra. Imibare yarushijeho kwiyongera mu ntangirori za 2026.

Inzego z’ubuzima zitangaza ko hamaze kugaragara ubwandu bushya 38 mu minsi itatu gusa, abarwayi bakaba bari kwitabwaho mu bitaro bya Prince Regent Charles. 18 muri bo baturuka Bubanza na Bukirasazi hari mu hibasiwe cyane.

Minisiteri y’Ubuzima, iy’Umutekano n’iy’Ubukungu zashyizeho ibihano ku barenga ku mabwiriza y’isuku. Ni ingamba zatangiye kubahirizwa kuri uyu 6 Mata 2026.

Minisitiri w’Ubuzima, Lydwine Baradahana, aganira n’itangazamakuru ku wa 2 Mata 2026, yavuze ko uyu mwanzuro ugamije guhana abarenga ku mategeko yo guhangana n’iki cyorezo Leta yashyizemo imbaraga nyinshi.

Ikoreshwa ry’amazi yanduye, kuvidura ibyobo by’umwanda mu buryo gakondo no kwiba amazi bacometse amatiyo ku miyoboro minini ni bimwe mu byo inzego z’ubuzima zitangaza ko bikomeza kongera ubukana bw’iki cyorezo.

Kugeza ubu, Leta y’u Burundi hamwe n’abafatanyabikorwa bayo bakoresheje miliyari 3 FBU mu mezi atatu ashize bahangana n’iki cyorezo, mu kuvura abarwayi, gukora ubukangurambaga n’ibikorwa by’ubutabazi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa