skol

U Burusiya burakekwaho uruhare mu mpanuka y’indege ya Azerbaijan Airlines

Yanditswe: Sunday 29, Dec 2024

featured-image

Umuyobozi mukuru ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Muryango w’Ubumwe bw’i Burayi, Kajja Kallas, yasabye ko hakorwa iperereza ryimbitse ku cyateje impanuka y’indege ya sosiyete Azerbaijan Airlines.

Ibi Kallas yabitangaje nyuma yaho Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitangaje ko iyo ndege ishobora kuba yarahanuwe na misile y’u Burusiya.

Iyo ndege yari itwaye abagenzi 67 ivuye muri Azeribaijan yerekeza i Grozny mu majyepfo y’u Burusiya, yaguyemo abantu 38 nyuma yo guhanuka hafi y’Umujyi wa Aktau muri Kazakhstan.

Abinyujije ku rubuga X, Kaja Kallas yanditse asaba iperereza ritabogamye kuri iyo mpanuka. Yavuze ko iyo mpanuka yibutsa indi ndege nayo yahanuwe n’u Burusiya muri ubwo buryo ya sosiyete Malaysia Airlines yarashwe n’igisasu cyo mu bwoko bwa misile mu kirere cya Ukraine mu 2014.

Ni mu gihe Perezida Vladimir Putin yahamagaye mugenzi we wa Azerbaijan, Ilham Aliyev, amusaba imbabazi ko iyo ndege yahanuriwe mu kirere cy’u Burusiya ariko yirinda kwemeza ko ari bo bayihanuye

Kallas yagize ati: “Twifatanije n’imiryango n’inshuti baburiye ababo muri iyo mpanuka.”

Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yo yatangaje ko ifite amakuru yizewe agaragaza uruhare rw’u Burusiya mu ihanurwa ry’iyo ndege.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa